click here

click here

visit new seed

Thursday 6 February 2014

ICYEMEZO UKWIYE GUFATA BURI MUNSI NI UKUBA UMUKRISTO: by M.Gaudin

ICYEMEZO UKWIYE GUFATA BURI MUNSI NI UKUBA UMUKRISTO:


Ariko Imana ishimwe kuko ihora iturangaje imbere, ikaduha kuneshereza muri kristo no gukwiza hose impumuro nziza yo kuyimenya 2 corinthians 2:14.


Yasu yavuze imimerere y'itorero, aho yagereranyije itorero nk'umurima umuntu yateyemo amasaka hanyuma umwanzi agateramo urukungu. aha rero kristo yagaragaje ko mw'itorero harimo abantu basa naho ari abakristo ariko ataribo.

Muzabamenyera kumbuto bera: aha ukwiye kureba niba Imbuto wera ari z'abakristo kuko ahari witwa umukristo ariko siko uri. Bene Data mukwiye kwirinda umusemburo wa satani aho ashaka guharabika abakristo. agira ati hari umukristo wibye,wabeshye,wahanuye,wishe,ndetse n'ibindi byishi.
kuko iyo umuntu abaye umukristo atangira kugira umumaro mugihe kera ntamumaro yari afite, mwibuke philimon 1:11
2timothy: 2:19 aha buri muntu wese akwiye kwisuzuma akoresheje Ijambo ry'Imana. nuko rero Imana nabo yatoye irabazi abandi birakwiye ko ukora nabi aba afite icyemezo yahisemo gukurikira.
abantu bahitamo kwanga satani no kumurwanya cyangwa kwegera Imana yakobo: 4:7-8 ibi ni ibintu umuntu ahitamo buri munsi aho ushobora kuba uyu munsi wari muruhande rumwe hayuma wasubira inyuma ukajya murundi.
muri iyi minsi sinzi niba ushaka kugundira izina ry'abakristo ariko udashaka gukomeza kumvira Imana! umukiranutsi w'Imana azabeshwaho no kwizera
abaheburayo 10:37-38.
uyu munsi abiyita abakristo cyangwa bitwa ko basenga Imana, Imana yerekanye uko dushobora kubamenya kugirango niba ari ukwifatanya nabo tubikore tubizi aha ikikumenyeshako wabyutse ukiri umukristo nuko ufata gahunda yo kongera kumvira Kristo ukera imbuto nziza. abagalatiya 5:19-22
ntihakwiye rero kuba urujijo cyangwa natwe twisange twagiye mubantu bashinja itorero ry'Imana ibikorwa bibi ahubwo nubu haracyari abagabo bemera kurengana ku bwa kristo aho kwihorera, hariho abacyakwa ibyabo kandi ntibaburane hariho abakivuga izina ry'Imana bashaka gukiranuka. naho rero yaba ari malayika cyangwa uwo wakwita umuvugabutumwa ukomeye ntihariho uwahangara kuvuga ko Itorero rya Kristo yacunguje amaraso ryanduye. ahubwo abiyita itorero rya Kristo bagaragarira mu kwera imbuto nkizo kristo yeraga.
ubu ibinyamakuru birandika ibibera mu nsengero, muba pastor, no mubahimbaza Imana, mgo ahari Imana n'abayambaza babivemo ariko Urufatiro rwayo rurahagaze'' Imana izi abayo'' NTIKENEYE ABAYITUNGIRA AGATOKI.
BURI MUNTU AKWIYE KUVA MURUVUNGANZOKA RW'ABANDI MAZE AKAMENYA IMPAMVU ZO KWITWA UMUKRSITO.'' 
Mpamya ko NOKIA Za orginal ziriho kandi ziba zizwi n'uruganda, hanyuma hakabaho niza pirate izo mukunze kwita ishinwa! aha ntago kuba ishinwa zagurishirizwa ahagurishirizwa pirate bikuraho ko wowe uzi icyo ushaka uhakura orginal! Bene DATA TUBE MASO!
ZABURI YA 84:6-8 Ndabifuriza kugwiza Imbaraga zo guhitamo neza buri munsi kugeza dupfuye cyangwa Yesu agarutse. maze tuzabane nawe kandi ntimuterwe ubwoba n'ibihuha cyangwa abiyitirira Izina mwambaye kandi mwizeye ngo mwumve ko bicitse. Imana izi ABAYO! AHOBWO BURI MUNTU YISUZUME AMENYE UKO ABANYE N'Imana maze niyo yo kujya itwejesha amaraso uko tuyisabye.
2yohana 2:1
M.Gaudin

No comments:

Post a Comment