click here

click here

visit new seed

Monday 3 February 2014

AMWE MU MAFOTO Y'ABAYOBOZI BAYOBOYE LORD'S LIGHT FELLOWSHIP INDIA. KUVA 2010

KANAMUGIRE YVAN ARSTON, yayoboye umurimo w'Imana kuva Lord's light Fellowship yatangira. akaba yari kumwanya wa Representant.

Yageze mu buhinde mu mwaka wa 2008, hatangira gahunda yo kwegeranya abantu basenga baturutse mu Rwanda.

yarangije kwiga mu mwaka wa 2013, akaba yarasoje icyiciro cya masters mubijyanye n'icungamutungo n'abanki.

M.A International baking. muri ANNAMALAI UNIVERSITY.
akaba yarakomeje guhagararira LLF Interantional nk'umuyobozi mukuru.




MUCYO BENON, Yayoboye muri comite yari ihagarariwe na Kanamugire, aho yari ashinzwe umwanya w'umuhuzabikorwa wa Lord's Light Fellowship,(coordinator).

akaba yarageze mugihugu cy'ubuhinde muri 2008, aho yatangiranye n'abandi bakozi b'Imana gukomeza kuvuga ubutumwa.

Yarangije afite Impamyabushobozi y'Icyiro cya cya Masters mubijyanye na Economics.



 
NYIRAMINANI BETTY, Numwe mubakobwa bagaragaje ubutwari no kunamba kuri kristo, ubwo yageraga mugihugu cy'ubuhinde muri 2009 nawe yafatanyije n'abandi mw'itangira rya Lord's light Fellowship, aho yari umubitsi


akaba azasoza mu mwaka wa 2014 mukwezi kwa gatanu, aho akurikirana amasomo mubijyanye applied Economics


akaba yaratangiye anaririmba, mu buryo bwo gufatikanya n'abandi mukuzamura ubwami bw'Imana.





NKOMEZI DESIRE, Akaba yari umujyanama mugihe fellowship yatangiraga, akaba yarabaye na represantant wa Lord's Light Fellowship mu mwaka wa 2012-2013.aho akurikirana ibijyanye na politike n'imibanire mpuzamahanga.

amwe mu mateka yamenyekanyeho ninkaho amazina ye yahindutse agafata izina rya BWANA ASIFIWE'' kuko mukanwa ke habagamo ishimwe ry'Imana buri munsi

ikindi akaba ari umwe wanatangije ibitaramo byo mw'ijoro bizwi nka overnight aho yaberaga munzu yatuyemo. ikaza kugenda yaguka aho abantu bavaga mu ma state atandukanye bakaza gutarama.


   NYABUGANDA A. JEAN PAUL, Nawe n'umwe mubari bagize comite nkuru ya Lord's Light Felllowship aho yari umujyanama.
muri byishi byagezweho ugasanga yaragiragamo uruhare rukomeye.

Yageze mubuhinde muri 2008 aho yatangiranye n'abandi igihe Imana yatangaga iyerekwa ryo gutangira ministere ya LLF mugihugu cy'ubuhinde.

yasoje amashuri mucyiro cya masters, mw'ishami rya Bio-Informatics. akaba nawe yarakomeje muri LLF International akaba ashinzwe iterambere rya fellowship.



MUTEZINKA BRIGITE, ni umwe mubatangije umurimo wa Lord's Light Fellowship, aho yatangiranye n'abandi akaba yarakoze muri commite ebyiri, iya mbere yari iyobowe na Yvan, ndetse n'iyari ihagarariwe na DESIRE.


akaba yarakurikiranaga amashuri mu cyiciro cya masters, mubijjyanye na ECONOMICS.


Yabaye umujyanama wa fellowship, mwiyaguka ryayo ndetse yahagarariye n'abakobwa bose ba Lord's Light Fellowship aho yashoboye gutegura ibiterane byahuzaga abakobwa.

No comments:

Post a Comment