click here

click here

visit new seed

Wednesday 26 February 2014

''IZINA RIMWE'' ALBUM YABO YA MBERE YO KURAMYA NO GUHIMBAZA'' THE LAMPSTAND WORSHIP TEAM''

Mu majyepfo y'igihugu cy'ubuhinde, aho hakunze kubera ibiterane mpuzamahanga biba byateguwe n'imiryango y'ivugabutumwa y'abanyenshuri baturuka mubihu bya africa cyane cyane u Rwanda, abo banyeshuri biga muri Kaminuza ya ANNAMALAI UNIVERSITY, bakaba bamaze kugeza hanze umuzingo w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana. aho uyu muzingo witiriwe ''IZINA RIMWE'' dusanga mu gitabo cy'ibyakozwe n'intumwa 4:11-12.

uyu muzingo ukaba umaze amezi agera muri atanu utegerejwe, ubu ukaba wageze hanze ngo abakunda kuramya no guhimbaza Imana bafashwe muburyo bwo kubikora bakoresheje indilimbo kuko na zaburi ya 92:2 hagira hati Nibyiza gushima uwiteka no kuririmbira izina rye.

uyu muzingo ugizwe n'indirimbo icumi zakorewe mu buhinde, zikozwe na ''The lampstand worship team'' Ikorera muri Lord's Light Fellowship. bikaba biteganyijwe ko iyi album izatangwa ku mugaragaro kandi kubuntu kuri uyu wa gatandatu ubwo hazaba hizihizwa isabukuru y'imyaka 4 minisiteri y'ivugabutumwa LLF imaze ikorera mugihugu cy'ubuhinde.

hakaba hategurwa n'amashushu yizi ndirimbo bitangazwa ko azaba yageze hanze munsi iri imbere
mu buryo bwo gusakaza ubutumwa bwiza. iyi album kandi ushobora kuyisanga kuri blog ya LLF http://llfworld.blogspot.in/  reba hano video y'indirimbo ''ibyo ntuze''http://www.youtube.com/watch?v=nBCLDODjono 

Thursday 13 February 2014

Kumenywa n’Imana biruta gutoneshwa n’abanyacyubahiro

Benshi bashaka gutona ku mutware, ariko Uwiteka ni we ucira abantu imanza. “Imigani 29:26” mu Isi benshi bifuza kumenyekana ku batware n’abategetsi ndetse no gutoneshwa nabo, ariko ikiruta byose ni ukumenywa n’Imana kandi ugatoneshwa nayo, kuko aribyo bihesha umugisha wo mu by’ubu buzima bwa none, ndetse n’ubuzima buzaza.
Nugira umwete wo kumvira uwiteka Imana yawe n’uwo kumvira amategeko yayo yose igutegeka uyu munsi, Uwiteka Imana yawe izagusumbisha amahanga yose yo mu Isi, kandi imigisha yose izakuzaho, ikugereho niwumvira Uwiteka Imana yawe. Uzagirira umugisha mu midugudu no mu mirima.
Hazagira umugisha imbuto zo munda yawe n’imyaka yo ku butaka n’imbuto z’amatungo yawe kororoka kw’inka zawe n’ukw’imikumbi yawe. Hazagira umugisha igitenga n’ikibo uvugiramo, uzagira umugisha mu majya no mu maza. Gutegeka kwa kabiri 28:1-6.
Nubwo Dawidi yaragiraga intama, yari yarashatse ubutoni ku Mana, kandi akabana nayo mu buryo iwabo batazi.
Umunsi umwe yaravuze ati : ’’Ubwo Data na Mama bazandeka, Uwiteka azandarura’’ Zaburi 27:10, yari azi neza ko bishoboka ko ababyeyi b’umuntu bamureka cyangwa ntibamutoneshe. Yahoraha hafi y’Imana mu buryo bwose, akayitegereza yizeye ko izamuha umugisha.
Igihe kimwe yaravuze ati : ’’Mba nararabye iyo ntizera ko nzarebera kugira neza k’Uwiteka mu Isi y’ababaho.” Zaburi 27:13-14
Abantu baba hafi y’Imana bakagendera mu nzira zayo bakiranuka, bagirirwa neza nayo. Iyo Imana ije gutanga umugisha, ireba abariho imbabazi zayo gusa abandi bose ikabacaho nk’uko yabigenje kuri bakuru ba Dawidi, ikabwira Samweli ko itareba nk’uko abantu bareba. 1 Samweli 16:6-11.
Daniyeli yari afite umugisha w’Imana ku buzima bwe, baramugambanira batazi uko abana n’Imana. Yari incuti y’Imana, asenga gatatu ku munsi, bamujugunye mu rwobo rw’intare, naho Imana iramurinda ntizamurya Daniyeli 6:1-29.
Mu gihe cya Esiteri, Abayuda baragambaniwe ngo bicwe ariko Esiteri amara iminsi 3 ashaka mu maso h’Imana ngo ibanze imureba neza, hanyuma ajya ku mwami, ibyari urupfu bihinduka ubuzima. Esiteri 9:1-2
Umuntu nakurusha ubutoni ku Mana, uzamureke azaba akuruta, kandi ukurusha gusenga azaba akurusha umugisha kuko Imana izagenda imurengera. Abaroma 8:31
Salomo yahawe ubwami akiri umwana, asanga ntazabishobora maze atagira umugisha w’Imana ku buzima bwe. Yahise ajya gushaka Imana, iramubwira iti : ‘‘Ubwo utansabye kurama, ntunsabe ubutunzi cyangwa ko abanzi bawe bapfa ahubwo ukansaba ubwenge, n’ibindi byose ndabiguhaye.’’ 1 Abami 3:4-14
Umugisha ntuva mu gushimwa cyangwa ku mwete umuntu abigiramo, umugisha uva ku mbabazi z’Imana ziri ku buzima bwawe.
Umuntu ashobora kuba akomoka mu muryango utazwi, ariko kubera ko yubashye Imana, ikamuha umugisha akamenyekana kurusha abavuka mu miryango izwi.
Abashaka ubwiza n’icyubahiro no kudapfa mu gukora ibyiza badacogora, izabitura ubugingo buhoraho. Abaroma 2 :7.
Dushake umugisha w’Imana, tuwushakisha gukora ibyiza. Hari abantu bazi gucira bugufi ababayobora, kuko hari icyo babashakaho. None twebwe niba dushaka umugisha ku Mana, byatunanira kuyicira bugufi ?
Dushake ubucuti ku Mana kuko ntirobanura abantu ku butoni, ahubwo abakora ibyo gukiranuka bose irabemera. Ibyakozwe n’intumwa 10:34
Hahirwa Uwizera Uwiteka, nawe akamubera ibyiringiro. Azahwana n’igiti cyatewe hafi y’amazi gishorera imizi mu mugezi. Imana idushoboze kuyiringira bitari mu magambo gusa, ahubwo bibe ubuzima. Ubwo ni bwo ibyiza bizatuzaho. Yeremiya 17:7-8

                                                                                     By Pastor Desire Habyarimana.

Thursday 6 February 2014

ICYEMEZO UKWIYE GUFATA BURI MUNSI NI UKUBA UMUKRISTO: by M.Gaudin

ICYEMEZO UKWIYE GUFATA BURI MUNSI NI UKUBA UMUKRISTO:


Ariko Imana ishimwe kuko ihora iturangaje imbere, ikaduha kuneshereza muri kristo no gukwiza hose impumuro nziza yo kuyimenya 2 corinthians 2:14.


Yasu yavuze imimerere y'itorero, aho yagereranyije itorero nk'umurima umuntu yateyemo amasaka hanyuma umwanzi agateramo urukungu. aha rero kristo yagaragaje ko mw'itorero harimo abantu basa naho ari abakristo ariko ataribo.

Muzabamenyera kumbuto bera: aha ukwiye kureba niba Imbuto wera ari z'abakristo kuko ahari witwa umukristo ariko siko uri. Bene Data mukwiye kwirinda umusemburo wa satani aho ashaka guharabika abakristo. agira ati hari umukristo wibye,wabeshye,wahanuye,wishe,ndetse n'ibindi byishi.
kuko iyo umuntu abaye umukristo atangira kugira umumaro mugihe kera ntamumaro yari afite, mwibuke philimon 1:11
2timothy: 2:19 aha buri muntu wese akwiye kwisuzuma akoresheje Ijambo ry'Imana. nuko rero Imana nabo yatoye irabazi abandi birakwiye ko ukora nabi aba afite icyemezo yahisemo gukurikira.
abantu bahitamo kwanga satani no kumurwanya cyangwa kwegera Imana yakobo: 4:7-8 ibi ni ibintu umuntu ahitamo buri munsi aho ushobora kuba uyu munsi wari muruhande rumwe hayuma wasubira inyuma ukajya murundi.
muri iyi minsi sinzi niba ushaka kugundira izina ry'abakristo ariko udashaka gukomeza kumvira Imana! umukiranutsi w'Imana azabeshwaho no kwizera
abaheburayo 10:37-38.
uyu munsi abiyita abakristo cyangwa bitwa ko basenga Imana, Imana yerekanye uko dushobora kubamenya kugirango niba ari ukwifatanya nabo tubikore tubizi aha ikikumenyeshako wabyutse ukiri umukristo nuko ufata gahunda yo kongera kumvira Kristo ukera imbuto nziza. abagalatiya 5:19-22
ntihakwiye rero kuba urujijo cyangwa natwe twisange twagiye mubantu bashinja itorero ry'Imana ibikorwa bibi ahubwo nubu haracyari abagabo bemera kurengana ku bwa kristo aho kwihorera, hariho abacyakwa ibyabo kandi ntibaburane hariho abakivuga izina ry'Imana bashaka gukiranuka. naho rero yaba ari malayika cyangwa uwo wakwita umuvugabutumwa ukomeye ntihariho uwahangara kuvuga ko Itorero rya Kristo yacunguje amaraso ryanduye. ahubwo abiyita itorero rya Kristo bagaragarira mu kwera imbuto nkizo kristo yeraga.
ubu ibinyamakuru birandika ibibera mu nsengero, muba pastor, no mubahimbaza Imana, mgo ahari Imana n'abayambaza babivemo ariko Urufatiro rwayo rurahagaze'' Imana izi abayo'' NTIKENEYE ABAYITUNGIRA AGATOKI.
BURI MUNTU AKWIYE KUVA MURUVUNGANZOKA RW'ABANDI MAZE AKAMENYA IMPAMVU ZO KWITWA UMUKRSITO.'' 
Mpamya ko NOKIA Za orginal ziriho kandi ziba zizwi n'uruganda, hanyuma hakabaho niza pirate izo mukunze kwita ishinwa! aha ntago kuba ishinwa zagurishirizwa ahagurishirizwa pirate bikuraho ko wowe uzi icyo ushaka uhakura orginal! Bene DATA TUBE MASO!
ZABURI YA 84:6-8 Ndabifuriza kugwiza Imbaraga zo guhitamo neza buri munsi kugeza dupfuye cyangwa Yesu agarutse. maze tuzabane nawe kandi ntimuterwe ubwoba n'ibihuha cyangwa abiyitirira Izina mwambaye kandi mwizeye ngo mwumve ko bicitse. Imana izi ABAYO! AHOBWO BURI MUNTU YISUZUME AMENYE UKO ABANYE N'Imana maze niyo yo kujya itwejesha amaraso uko tuyisabye.
2yohana 2:1
M.Gaudin

Monday 3 February 2014

AMWE MU MAFOTO Y'ABAYOBOZI BAYOBOYE LORD'S LIGHT FELLOWSHIP INDIA. KUVA 2010

KANAMUGIRE YVAN ARSTON, yayoboye umurimo w'Imana kuva Lord's light Fellowship yatangira. akaba yari kumwanya wa Representant.

Yageze mu buhinde mu mwaka wa 2008, hatangira gahunda yo kwegeranya abantu basenga baturutse mu Rwanda.

yarangije kwiga mu mwaka wa 2013, akaba yarasoje icyiciro cya masters mubijyanye n'icungamutungo n'abanki.

M.A International baking. muri ANNAMALAI UNIVERSITY.
akaba yarakomeje guhagararira LLF Interantional nk'umuyobozi mukuru.




MUCYO BENON, Yayoboye muri comite yari ihagarariwe na Kanamugire, aho yari ashinzwe umwanya w'umuhuzabikorwa wa Lord's Light Fellowship,(coordinator).

akaba yarageze mugihugu cy'ubuhinde muri 2008, aho yatangiranye n'abandi bakozi b'Imana gukomeza kuvuga ubutumwa.

Yarangije afite Impamyabushobozi y'Icyiro cya cya Masters mubijyanye na Economics.



 
NYIRAMINANI BETTY, Numwe mubakobwa bagaragaje ubutwari no kunamba kuri kristo, ubwo yageraga mugihugu cy'ubuhinde muri 2009 nawe yafatanyije n'abandi mw'itangira rya Lord's light Fellowship, aho yari umubitsi


akaba azasoza mu mwaka wa 2014 mukwezi kwa gatanu, aho akurikirana amasomo mubijyanye applied Economics


akaba yaratangiye anaririmba, mu buryo bwo gufatikanya n'abandi mukuzamura ubwami bw'Imana.





NKOMEZI DESIRE, Akaba yari umujyanama mugihe fellowship yatangiraga, akaba yarabaye na represantant wa Lord's Light Fellowship mu mwaka wa 2012-2013.aho akurikirana ibijyanye na politike n'imibanire mpuzamahanga.

amwe mu mateka yamenyekanyeho ninkaho amazina ye yahindutse agafata izina rya BWANA ASIFIWE'' kuko mukanwa ke habagamo ishimwe ry'Imana buri munsi

ikindi akaba ari umwe wanatangije ibitaramo byo mw'ijoro bizwi nka overnight aho yaberaga munzu yatuyemo. ikaza kugenda yaguka aho abantu bavaga mu ma state atandukanye bakaza gutarama.


   NYABUGANDA A. JEAN PAUL, Nawe n'umwe mubari bagize comite nkuru ya Lord's Light Felllowship aho yari umujyanama.
muri byishi byagezweho ugasanga yaragiragamo uruhare rukomeye.

Yageze mubuhinde muri 2008 aho yatangiranye n'abandi igihe Imana yatangaga iyerekwa ryo gutangira ministere ya LLF mugihugu cy'ubuhinde.

yasoje amashuri mucyiro cya masters, mw'ishami rya Bio-Informatics. akaba nawe yarakomeje muri LLF International akaba ashinzwe iterambere rya fellowship.



MUTEZINKA BRIGITE, ni umwe mubatangije umurimo wa Lord's Light Fellowship, aho yatangiranye n'abandi akaba yarakoze muri commite ebyiri, iya mbere yari iyobowe na Yvan, ndetse n'iyari ihagarariwe na DESIRE.


akaba yarakurikiranaga amashuri mu cyiciro cya masters, mubijjyanye na ECONOMICS.


Yabaye umujyanama wa fellowship, mwiyaguka ryayo ndetse yahagarariye n'abakobwa bose ba Lord's Light Fellowship aho yashoboye gutegura ibiterane byahuzaga abakobwa.